Kuri iki cyumweru tariki ya 22 gashyantare 2026 hirya no hino mu Rwanda abemezi Baha'i bahuriye muturere dutandukanye bitorera abazabahagararira mu iyemeza rw'igihugu rizaba mu minsi irimbere.
Kigali ku iRebero ku cyicaro cy'abahai naho ababahai bo muri Kigali, Bugesera, Kamonyi ndetse na Muhanga batora intumwa 4 zizabahagararira mu Iyemeza ry'Igihugu. Uyumuhango ukaba waritabiriwe n'umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Gatenga mu karere ka kicukiro wabashije gukurikirana uko amatora Baha'i akorwa mu mucyo no mu bwisanzure.
Amatora mu Idini rya Baha’i ni imwe mu nkingi z’imiyoborere yaryo. Atandukanye n’amatora asanzwe amenyerewe ku isi, kuko ashingiye ku masengesho, ubunyangamugayo, n’umwuka w’ubumwe.
Nta kwiyamamaza, nta mashyaka, kandi nta guhatanira imyanya. Intego si ugutsinda, ahubwo ni ugukorera umuryango mu rukundo no mu kuri.
Kuki hatorwa Abahagarariye Abandi nk'Intumwa?
Mu gihugu hari aba Baha’i benshi cyane ku buryo badashobora bose guhurira hamwe gutora Inteko y'Ubutungane y’Igihugu. Ni yo mpamvu hatorwa abahagarariye abandi.
Izindi Impamvu z’ingenzi:
Guhagararira umuryango wose – Delegates bahagararira aba Baha’i bo mu duce batuyemo.
Kunoza imigendekere y’itora. Bahurira mw'Iyemeza y’Igihugu bakaganira ku mibereho n’iterambere ry’umuryango wa kiBaha'i.
Kwirinda politiki n’amacakubiri. Kubera ko nta kwiyamamaza, itora rikomeza kuba iry’umwuka, rishingiye ku kuri no ku bumwe.
Muri iri yemeza ku rwego rw'igihugu niho batora abanyamuryango 9 bagize Inteko y'Ubutungane y'Igihugu.
Shoghi Effendi, Umurinzi w'ukwemera Baha'i mu magambo ye yagize ati “Igikorwa cyo gutora ni igikorwa gitagatifu kandi kigomba gukorwa mu mwuka w’amasengesho". Akomeza ashimangira ko mu gutora bikorwa mubwisanzure ati, “Abizera bagomba kugira ubwigenge busesuye mu guhitamo ababaserukira… kandi birinda uburyo bwose bwo gushyiraho abakandida, n’iyo byaba mu buryo butaziguye.”
Aya matora akaba yarabaye mu kandi gace tugera ku icyenda hirya no hino mu gihugu tugabanyijemo uturere muburyo bukurikira.
Agace ka 1 kagizwe n'Uturere twa Rubavu, Musanze, Nyabihu, Burera na Gakenke bakaba barahuriye kuri duce duto zitandukanye muri utu turere. Agace ka 2 kagizwe n'Uturere twa Ngororero konyine. Agace ka 3 kagozwe na Rutsiro na Karongi. Agace ka 4 kagizwe na Kayonza, Kirehe, na Ngoma. Agace ka 5 kagizwe na Rwamagana naho agace ka 6 kagizwe na Gatsibo, Nyagatare, na Gicumbi. Agace ka 7 karimo uturere twa Kigali, Muhanga, Kamonyi, Bugesera na Rulindo. Agace ka 8 kagizwe na Rusizi, Nyamasheke na Nyaruguru. Naho agace ka 9 kakaba kagizwe n'uturere twa Nyanza, Nyamagabe, Ruhango, Huye na Gisagara. Amatora byagenze neza mu mahoro n'ibyishimo hose.
Ivuka rya Bahá'u'lláh 181 B.E. - November 3, 2024
Yubire y'Imyaka 200 - Feb 12, 2018 1:23:0 AM
Aba Baha’i bo mu Rwanda bakoze Iyemeza ry’igihugu - Jun 06, 2016 12:49:6 AM
Urubyiruko - May 22, 2016 12:37:37 AM
Kwiga ku byerekeye Intera y’ubukure ikurikiraho ku muryango Bahai - May 22, 2016 12:35:30 AM
Aba Baha'i bo mu Rwanda bagize Iyemeza ry’Igihugu - Jan 27, 2016 1:49:1 AM
Aba Baha’i bakoze ibiterane by’urubyiruko i Kayonza na Rusizi - Feb 15, 2012 5:42:31 AM
Aba Baha’i basuye Urwibusto rw’Inyanza rwa Jenoside yakorewe abatutsi - Feb 15, 2012 5:0:11 AM