Post date: Feb 15, 2012 5:42:31 AM
Imiryango ya kabaha’i i Kayonza, Kigali na Rusizi yakoze ibiterane by’urubyiruko bigamije gushira ahagaragara uruhare rwabo mugutanga umusanzu mw’iterambere ry’umuryango nyarwanda.
Mu buri gace, urubyiruko rwamaze iminsi hamwe rwiga kandi rujya inama kuburyo rwagira icyo rwafasha benemuntu. Bakoze imigambi yo gufasha iterambere ry’abana hamwe n’ingimbi baho bakomoka, kandi bihaye inshingano yo guterana ingabo mubitugu binyuze mu bikorwa by’urubyiruko bihoraho.
Ibi biterane byakozwe kugira ngo hitabirwe umuhamagaro w’Inzu Nsanganyasi y’Ubutabera ko haba ibiterane by’urubyiruko nk’ibyo kw’isi hose.